Umunya-Israel, Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN yo muri Espagne yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 ni bwo hatangiye isiganwa rizenguruka ibice bitandukanye by’u Rwanda rya Tour du Rwanda 2026 riri kuba ku nshuro ya 18 kuva rigizwe mpuzamahanga.
Agace ka mbere kavuye i Rukomo mu karere ka Gicumbi gasorezwa i Rwamagana ku ntera y’Ibilometero 173,6 kakaba ari na ko gace karekare muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka.
Saa Tanu za mu gitondo ni bwo isiganwa ryari ritangiye, abakinnyi 87 bo mu makipe 17 barahaguruka babanza kugenda ibilometero 2,1 bari hamwe babona gutangira gusiganwa.
Ku ikubitiro, abakinnyi batanu ari bo Da Silva wa Localiza, Heidemann wa Rembe, Teweldbrhan wa May Stars, Nkundabera Eric wa Team Rwanda na Uwiduhaye Mike wa Bénédiction bahise bava mu bandi baragenda.
Umunyarwanda Uwiduhaye Mike yashatse kuva muri aba bandi bari bari kumwe gusa ntibyamukundira. Amanota ya mbere y’umusozi yatangiwe ku kilometero cya 32,8 i Gatsibo yegukanywe na Heidemann, akurikirwa na De Silva naho Uwiduhaye aba uwa gatatu.
Uwiduhaye na Nkundabera baje gusigara, Umunya-Bresil Henrique da Silva ukinira Localiza aza kwegukana amanota ya Sprint ya Mbere yatangiwe i Nyagatare, ku kilometero cya 72,6.
Henrique da Silva Avancini na Miguel Heidemann bakomeje kuba imbere ariko igikundi kigabanya iminota bari bagisizemo.
Henrique da Silva Avancini ukinira ikipe ya Localiza yaje kwegukana amanota ya kabiri Sprint ya Kabiri yatangiwe i Kabarore, ku kilometero cya 113, akurikirwa na Miguel Heidemann.
Mu bilometero 10 bya nyuma igikundi cyongeye umuvuduko birangira kije gufata ba bakinnyi babiri bari imbere. Aka gace kasojwe mu ihangana rikomeye kegukanwa na Itamar Einhorn ukomoka muri Israel akaba akinira NSN yo muri Espagne.
Ni agace ka gatatu atwaye muri Tour du Rwanda nyuma yo gutsindira i Kayonza n’i Nyaruguru mu 2024.
Itamar Einhorn wahise yambara umwambaro w’umuhondo yakoresheje amasaha ane,amasegonda atanu n’amatsiyerise abiri akurikirwa na Munoz Gabina Hodei ukinira Soudal Quick Step Devo Team wasizwe amatsiyerise 13 naho Girmay Mewael ukinira Istanbul Team aba uwa 3 akaba yasizwe amatsiyerise 15.
Umunyarwanda waje hafi ni Muhoza Eric Team Amani akaba yasizwe amatsiyerise 86 n’uwa mbere. Tour du Rwanda izakomeza ku munsi wejo hakinwa agace ka kabiri kazahaguruka mu karere ka Bugesera isorezwe i Huye ku ntera y’Ibilometero 134,6.
