Indege z’intambara zitagira abapilote (drones) z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zarashe mu mujyi wa Goma, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Itangazo ryasohowe na AFC/M23 mu rukerera rwo kuri uyu wa 11 Werurwe 2026 rishimangira ko FARDC yakoze icyo gitero igamije kwibasira ibice bituwe n’abantu benshi.
Ihuriro AFC/M23 rivuga ko icyo gitero cy’iterabwoba cyagabwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa cyabereye kure cyane y’imirongo y’urugamba.
Itangazo rigira riti: “Iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi ni ugushotorana kutakwihanganirwa, kigamije agace k’umujyi gatuwe n’abantu benshi kandi gishyira mu kaga ibihumbi by’abasivili b’inzirakarengane.”
AFC/M23 ivuga ko ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) n’iby’intwaro ziremereye bikomeje ku mirongo yose y’urugamba.
‘Drone’ ya mbere yateye iturutse ahantu hataramenyekana, yaturikijwe maze ishwanyukira mu Kiyaga cya Kivu.
Ni mu gihe iya kabiri yasenye inzu isanzwe icumbikira abakozi bakorera Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’Umuryango w’Abibumbye.
Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza inzu y’umunyemari witwa Pascal, ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi akaba akuriye Toyota i Goma, igurumana.
Iyo nzu, indege zitagira abapilote (drones) zarashe, iri hafi cyane y’iya Madamu Olive Lembe Kabila, umugore wa Joseph Kabila wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
AFC/M23 yatangaje ko Umufaransakazi Carine Buisset, umukozi wa UNICEF, yishwe n’icyo gitero.
Bertrand Bisimwa, umukuru wa M23 akaba n’umuhuzabikorwa wungirije wa AFC/M23, mu butumwa bwo kuri X yemeje ko Kinshasa yagabye ibitero ku mujyi wa Goma.
Yashimangiye ko uruhererekane rw’ibitero bakomeje kugabwaho na Kinshasa ari ibimenyetso bidashidikanywaho byo guhonyora amasezerano yo guhagarika intambara no kugarura amahoro.
AFC/M23 yatangaje ko abantu batatu, barimo n’umukozi ukorera umuryango mpuzamahanga, aribo bimaze kumenyekana ko bahitanywe n’icyo gitero cyagabwe ku mujyi wa Goma.
