Minisitiri w’ingabo wa Amerika Pete Hegseth yavuze ko uyu munsi uza kuba “ukaze kurusha iyindi” mu bitero bya Amerika kuri Iran – ahakoreshwa “indege nyinshi z’imirwano, nyinshi zirasa za bombe, n’ibitero byinshi”
Yavuze ko Iran yarashe ibisasu bicye cyane mu masaha 24 ugeraranyije n’indi minsi kuva iyi ntambara itangiye
Asubiramo ibyo, umukuru w’abagaba b’ingabo Gen Dan Caine yagize ati: “Ibitero bya misile ‘ballistic’ [bya Iran] bikomeje kugabanuka, kuri 90% uhereye uko byatangiye, kandi drones ziturika zagabanutse kuri 83% kuva ibitero bitangiye”
Hagati aho, Amerika irimo “Kureba ubundi buryo” bwatuma igisirikare giherekeza amato atwara ibitoro akanyura mu muhora wa Hormuz, nk’uko Caine abivuga
Hegseth yavuze ko Umutegetsi w’Ikirenga wa Iran, Mojtaba Khamenei, “yaba agize ubwenge” yumvise ubutumwa bwa Donald Trump bwo kwirinda gushaka gukora intwaro kirimbuzi
Abajijwe ku ngingo zafashwe na Pentagon mu kugabanya umubare w’abasivile bagwa mu ntambara, Hegseth yavuze ko bazaperereza ibirego byose bikenewe kurebwaho