Namibia yanze ubusabe bwa Starlink ifitwe na Elon Musk bwo gutanga uruhushya rwo gutanga serivisi za interineti zikoresha icyogajuru muri icyo gihugu, ibi bikaba byaratumye iyi kompanyi isubira inyuma mu majyepfo ya Afrika.
Ikigo gishinzwe kugenzura itumanaho muri Namibia (Cran) cyatangaje iki icyemezo kitavuze impamvu zacyo zo kwanga, arikocyavuze ko ishami rya Starlink ryo muri Namibia ridafite uburenganzira bwo gukoresha mu gihugu.
Starlink ntabwo iragira icyo ivuga kuri iki cyemezo.
Ikorera mu bihugu bigera kuri 25 bya Afurika ariko yahuye n’ibibazo by’amategeko mu bindi bihugu, harimo na Afrika y’Epfo, aho amategeko agenga uburenganzira bw’abayifite yayibujije kwinjira muri icyo gihugu.
Amategeko ya Namibia asaba ko nibura 51% by’imigabane mu kigo icyo ari cyo cyose cy’itumanaho igomba kuba iy’abaturage cyangwa ibigo by’ibanze.
Namibia ikoronijwe n’Ubudage, kandi yari munsi y’ubutegetsi bw’abazungu bo muri Afrika y’Epfo kugeza ubwo yabonye ubwigenge mu 1990.
